Nsabimana ’Sankara’ yashinje Perezida wa Zambia kubatera inkunga yakoreshejwe mu bitero ku Rwanda

  • 5 months ago
Urukiko Rukuru mu rugereko rwihariye ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka rukorera mu Karere ka Nyanza, kuri uyu wa Mbere rwasubukuye urubanza rwa Nsabimana Callixte wiyise ’Sankara’ ku byaha byaha 17 aregwa, byakozwe ubwo yari Visi Perezida w’umutwe wa MRCD ufite abarwanyi ba FLN yari abereye umuvugizi.

Bimwe mu bintu bikomeye uru rubanza rwahereyeho kuri uyu wa Mbere, ni uko Nsabimana yashinje Perezida wa Zambia, Edgar Lungu ko yabemereye inkunga yo guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda, ndetse abaregera indishyi muri uru rubanza bariyongereye.

Subscribe: https://www.youtube.com/IgiheTV?sub_confirmation=1
Facebook: https://web.facebook.com/igihe
DailyMotion: https://www.dailymotion.com/igihetelevision
Twitter: https://twitter.com/IGIHE
Instagram: https://www.instagram.com/igiheofficial
Flickr: https://www.flickr.com/photos/igihepictures/
Website: http://igihe.com/

#IGIHE #Rwanda #Ubutabera

Recommended