Agahinda ka Uwamahoro utarongera guca iryera ababyeyi be nyuma y’imyaka 26 baburanye

  • 4 years ago
Uwamahoro Yvonne ni umwana w’umukobwa umaze imyaka 26 atazi umuntu n’umwe mu bagize umuryango we kuko yaburanye nabo akiri muto, nyuma aza gutoragurwa n’undi muryango ari nawo umurera kugeza uyu munsi.

Kuba Uwamahoro Yvonne utibuka ikintu na kimwe ku bijyanye n’uko yaburanye n’iwabo kuko yari akiri muto cyane, nibyo byatumye IGIHE ifata urugendo ijya mu karere ka Kamonyi, Umurenge wa Rugarika aho umuryango wamutoye utuye.

Umubyeyi wamutoye witwa Mukankubito Alphonsine avuga ko yamukuye kuri Station iri Nyabugogo izwi nka Discentre mu 1994 Mu kwezi kwa Kanama.

Recommended